Itangazo Ryo Gupiganira Isoko Ryo Kugemura Amatungo Magufi
Confidential
Publiée il y a 1 semaine · Expire dans 1 mois
Description du poste
ITANGAZO RYO GUPIGANIRA ISOKO RYO KUGEMURA AMATUNGO MAGUFI
Ubuyobozi bw’Itorero Angilikani ry’u Rwanda (EAR), Paroisse ya RUNYINYA ifite icyicaro mu murenge wa Gahengeri, Akarere ka Rwamagana, buramenyesha ba Rwiyemezamirimo babishaka kandi babishoboye ko hari isoko ryo kugemura amatungo magufi, agenewe abagenerwabikorwa bo mu mushinga RW0814 EAR Runyinya.
Uwifuza gupiganira iryo soko, agomba kuza gufata igitabo gikubiyemo amabwiriza agenga ipiganwa (DAO) ku Biro bya EAR ParuwaseRunyinya, aho umushinga ukorera, guhera ku itariki ya 29/4/2026 kugeza ku itariki ya 7/5/2026, mu masaha y’akazi amaze kwishyura amafaranga y’u Rwanda ibihumbi makumyabiri ku isoko ry’inkoko (20,000 Rwf) adasubizwa ndetse na 20,000rwf ku ihene adasubizwa, ashyirwa kuri Konti y’Umushinga No: [Phone hidden] iri muri EQUITY Banki.
Amabahasha y’ipiganwa azoherezwa kuri email y’umushinga: [Email hidden] kugeza ku wa 11/5/2026 isaa yine z’amanywa (10h00), hanyuma akazafungurwa mu ruhame kuri uwo munsi i saa tanu z’amanywa zuzuye (11h00Am) ku biro by’Umushinga RW0814 EAR Runyinya.
Ukeneye ibindi bisobanuro yahamagara kuri telephone: [Phone hidden].
Bikorewe I Runyinya, kuwa 28/04/2026
Nizeyimana Samuel
Umuyobozi wa EAR Paroisse Runyinya
Ce poste vous intéresse ?
Se connecter pour voir l'emailPas encore inscrit ? Créer un compte gratuit
Pas encore inscrit ? Créer un compte gratuit