ITANGAZO RYA CYAMUNARA (Ku nshuro ya Kabiri)

Entreprise non précisée

CDD

Publiée il y a 2 jours · Expire dans 1 mois

Description du poste

ITANGAZO RYA CYAMUNARA (Ku nshuro ya Kabiri)

AKAZI KANOZE ACCESS (AKA), iramenyesha abantu bose babyifuza kandi babifitiye ubushobozi ko kuwa Gatatu, tariki ya 25/02/2026 saa ine (10H00) izagurisha mu CYAMUNARA ibikoresho byo mu biro bitandukanye. Urutonde rw’ibizagurishwa murarusanga ku mugereka. Gusura ibyo bikoresho bizatangira tariki ya 18/02/2026 birangire tariki ya 24/02/2026.

Amasaha yo gusura ibyo bikoresho: 

Ku minsi ikurikira: kuwa Gatatu, kuwa kane, Kuwa mbere no kuwa Kabiri (ku matariki: 18/02/2026;
19/02/2026; 23/02/2026 na 24/), ni uguhera saa tatu za mu gitondo (09H00) kugeza saa
saba z’amanywa (13H00), no guhera saa munani (14H00) kugeza saa kumi (16H00).
Kuwa gatanu, tariki 20/02/2026 amasaha yo gusura ni: uguhera saa tatu za mu gitondo (09H00) kugeza saa munani z’amanywa (14H00).
AKA IRIBUTSA ABAZITABIRA CYAMUNARA IBI BIKURIKIRA:

Cyamunara izaba mu ruhame hakoreshwa gupiganisha ibiciro mu magambo;
Utsindiye kimwe cyangwa byinshi mu bikoresho byo mu biro asabwa guhita yishyura no gutwara igikoresho/ibikoresho yatsindiye ku munsi wa cyamunara. Iyo atabitwaye yishyura amafaranga 5,000 y’uburinzi bwa buri munsi.
Muri iyi cyamunara, umuntu yemerewe gupiganwa ku bikoresho bitandukanye. Uzegukana igikoresho ni uwatanze igiciro kiri hejuru y’icy’abandi. 
Igiciro cy’ipiganwa gihera ku giciro fatizo cyagenwe. 
Ku bindi bisobanuro mwahamagara kuri Tel. :
Bikorewe i Kigali, kuwa 17/02/2026.

NTAGUNGIRA Emmanuel

Umuyobozi Mukuru

Akazi Kanoze Access

Attachment

attachment_file_ff155b80e26aa377cc12